Ibi byatangajwe ku wa 4 Werurwe 2026, ubwo Minisiteri y’Intambara ya Amerika yatangazaga ko uyu mugambi wo kwica Trump watangiye gucurwa ubwo Amerika na Israel byafatanyaga mu kwica Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ali Khamenei.
Minisitiri w’Intambara wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Pete Hegseth, yavuze ko bamenye uyu mugambi mbere bakawuburizamo.
Ati “Umuyobozi wari uri gutegura kwica perezida Trump yahizwe ndetse aricwa. Iran yagerageje kwica perezida Trump ariko birangiye Trump ari we usetse bwa nyuma.”
Ayatollah Ali Khamenei wari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, yiciwe mu bitero Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel byagabye kuri Iran kuva ku wa 28 Gashyantare 2026 n’ubu bikiyigabwaho.
Nyuma y’ibyo bitero, Iran na yo yagabye ibitero mu bihugu bitandukanye byo mu Burasirazuba bwo Hagati birimo Qatar, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Koweit, Bahrain, Jordanie, Arabie Saoudite na Iraq yihimura ku ngabo za Amerika zihabarizwa. Iran kandi ikomeza kurasa muri Israel.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!