00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yiteguye gufatira ibihano uzagerageza gukerereza amatora y’uzasimbura Joseph Kabila

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 12 July 2017 saa 12:09
Yasuwe :

Umuyobozi mukuru wungirije Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Loni, Michele Sison, yabwiye akanama k’umutekeno ka Loni ko Amerika yiteguye gufatira ibihano bikarishye umuntu wese uzagerageza gukerereza amatora y’uzasimbura Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yari ateganijwe mu 2017.

Ku cyumweru gishize, Komisiyo y’Amtora ya Congo yatangaje ko amatora ya Perezida yari ategenijwe mu Ugushyingo 2016 akimurirwa mu 2017 asa n’aho atazaba bitewe n’uko kubarura abazatora byatinze.

Uku gutinda biganisha gusubika amatora bwa kabiri, biteye impungenge amahanga ko bishobora guteza umutekeno muke nk’uko byagenze umwaka ushize.

Nyuma y’iryo tangazo rya komisiyo y’Amatora, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kabila bariteye utwatsi bavuga ko biteguye gutangiza intambara.

Aljazeera dukesha iyi nkuru ivuga ko Michele Sison yatangaje ko Amerika yitegeuye gufatira ibihano umuntu wese uzakerereza aya matora.

Yagize ati “Twiteguye gufatira ibindi bihano abazagerageza kwitambika uguhererekanya ubutegetsi mu mahoro no mu mucyo bwa mbere muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Umwaka ushize Amerika yafatiye ibihano abayobozi bakomeye ba Congo ku mpamvu z’umutekeno muke no kubangamira uburenganzira bw’abaturage birimo kubafungira konti babitsaho amafaranga n’indi mitungo byabo biri muri Amerika, kubuza Abanya-Amerika gukorana ubucuruzi na bo n’ibindi.

Michele Sison yakomeje avuga ko Akanama ka Loni gakwiye gufata ibyo bihano nk’ibigamije gukumira ibibazo by’umutekano muke ushobora kuvuka mu gihe kiri imbere.

Perezida wa Congo, Joseph Kabila yanze kuva ku butegetsi yagiyeho mu 2001 nyuma y’aho manda ya Kabiri yemererwa n’Itegeko Nshinga irangiye mu mpera za 2016, abuzwa no kurihindura ngo yongere kwiyamamaza. Ibi byateje imvururu z’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe n’imitwe yitwara gisirikare bitumva abantu barenge ibihumbi bitatu bicwa kuva mu Ukwakira 2016, abandi barahunga.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages