00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Antigua and Barbuda yiyomoye ku Bwongereza

Yanditswe na Mukundwa Angelique
Kuya 7 May 2026 saa 01:44
Yasuwe :

Antigua and Barbuda yashyizego guverinoma nshya ishingiye ku itegeko nshinga rivuguruye, aho abayobozi barahiye ariko badashyizemo u Bwongereza nk’igihugu kiyobora ibi birwa byo muri Caraïbes.

Antigua and Barbuda yabonye ubwingenge bwo kwigobotora u Bwongereza mu 1981 ariko ikomeza kugendera ku itegeko nshinga rigena ko Ubwami bw’u Bwongereza ari bwo buyobora iki gihugu.

Ni na ko bimeze ku bindi bihugu birimo, Australia, Bahamas, Papua New Guinea, Saint Kitts and Nevis, Ibirwa bya Solomon , Tuvalu, Belize, Canada, Grenada, Jamaica, New Zealand, Saint Lucia, Saint Vincent na Grenadines.

Ku wa 5 Gicurasi 2026, ni bwo Guverinoma nshya yarahiye nyuma y’uko itegeko nshinga ry’iki gihugu rihinduwe mu mwaka ushize.

Iri tegeko rikura ibyo kuvuga Umwami Charles III n’abaragwa b’ingoma mu ndahiro ahubwo abarahiriye inshingano bagaragaza ko batazahemukira Antigua and Barbuda n’uko bazubaha itegeko nshinga n’andi mategeko.

Kugeza ubu ibihugu 15 muri 56 biba muri Commonwealth, biracyayoborwa n’u Bwongereza. Antigua and Barbuda yiyomoye ku Bwami bw’u Bwongereza nyuma ya Barbados na yo yabivuyemo mu 2021 ariko yagumye muri Commonwealth.

Antigua and Barbuda yiyomoye ku Bwongereza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages