00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

‘Antivirus’ ya Kaspersky yahagaritswe gukoreshwa muri Amerika

Yanditswe na Innocent Dushimimana
Kuya 16 July 2024 saa 10:45
Yasuwe :

Kuri uyu wa 16 Nyakanga 2024, Kaspersky, ikora porogaramu z’ubwirinzi bwa mudasobwa (Antivirus) yo mu Burusiya yahagaritse burundu gukorera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma y’uko iki gihugu kigaragaje ko ishobora gukoreshwa mu butasi.

Ibi bibaye nyuma y’uko Umunyamabanga wa Amerika ushinzwe ubucuruzi, Gina Raimondo, ubwo yari i Moscow, mu kwezi gushize yatangaje ko Kaspersky ihagaritswe gukoreshwa muri Amerika.

Aha kandi yibukije abantu bose bayikoresha kwitegura kuyihagarika kuko ishobora guteza ibibazo birimo kwifashishwa mu guhungabanya umutekano w’igihugu. Yavuze ko itazongera kugurishwa cyangwa ngo ivugururwe ku bayikoresha.

Kaspersky Lab, yatangarije BBC ko yamaze kuva muri Amerika nyuma y’uko ubuyobozi bwa Biden, buhagaritse kugurisha ndetse no gukomeza gukwirakwiza iyi ‘antivirus’.

Mu itangazo iki kigo cyashyize hanze, cyavuze ko “Ni icyemezo kibabaje kandi kigoye kubihagarika, kubera ko amahirwe y’ubucuruzi muri icyo gihugu atagishoboka.”

Ku Isi Kaspersky ikorera mu bihugu 31, ikagira abakiliya miliyoni 400 ndetse n’abafitanye na yo imikoranire ibihumbi 270,000 mu bihugu 200.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages