Ibi Trump yabigarutseho ku wa 6 Kanama 2025, ari kumwe n’Umuyobozi Mukuru wa Apple, Tim Cook, aho yagaragaje ko ari bwo bwa mbere uru ruganda rushoye imari nyinshi muri Amerika.
Ati “Apple igiye gushora amafaranga menshi mu ikorwa ry’ibikoresho by’ikoranabuhanga byayo muri Amerika ndetse igiye no kubaka uruganda ruzajya rukora ‘Iphone’ muri Leta ya Kentucky."
Muri Gashyantare 2025, ni bwo Apple yatangaje ko igiye gushora miliyari 500$ mu gucukura no gutunganya amabuye akoreshwa mu bikoresho byayo muri Amerika, muri gahunda yo kongera ishoramari ryayo muri iki gihugu ndetse ko n’abantu barenga ibihumbi 20 bazabonamo akazi.
Umuyobozi wa Apple, Tim Cook, yavuze ko mu 2025, inganda zo muri Amerika zishobora gukora ’chips’ zirenga miliyari 19 mu gihugu hose.
Ati “Uyu mwaka gusa, inganda 24 zo muri Leta 12 zo muri Amerika zishobora gukora udukoresho dushyirwa mu bikoresho by’ikoranabuhanga turenga miliyari 19.”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!