00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Arabia Saudite: Abayisilamu baguye mu mutambagiro mutagatifu bamaze kurenga 700

Yanditswe na

Cyprien Niyomwungeri

Kuya 25 September 2015 saa 07:51
Yasuwe :

Ubuyobozi bwa Arabia Saudite buratangaza ko abagera kuri 717 nibo bamaze kumenyekana ko bishwe n’umubyigano bishwe n’umubyigano wo kuwa Kane tariki 24 Nzeli, hafi y’umujyi mutagatifu wa Maka ahari hateraniye abasaga miliyoni ebyeri mu mutambagiro mutagatifu w’Abayisilamu.

Umwami wa Arabia Saudite Salman akaba yavuze ko ibyabaye ariryo sanganya rikomeye ribaye mu uyu mutambagiro mu myaka 25 ishize, kuko nibura abagera kuri 863 bakomeretse.

Ibi byatumye asaba ko hasubirwamo imyiteguro y’uyu mutambagiro. Hamaze kubaho umubyigano nibura inshuro esheshatu mu gihe cy’umutambagiro mutagatifu ubera i Maka buri mwaka, ukaba uhitana benshi ku buryo byaherukaga kuba mu 1990 aho abagera ku 1426 baguye muri uyu mutambagiro.

Umunyamabanga w’umuryango w’abibumbye Ban Ki-Moon na Leta zunze ubumwe z’Amerika bihanganishije imiryango y’abapfiriye muri uyu mutambagiro.

Ni inshingano ku bayisilamu bishoboye gukora uyu mutambagiro nk’uko biri mu nkingi eshanu z’ibanze mu byo Islamu yubakiyeho. Imihango ihakorerwa ifatwa nk’igikorwa kirushaho kweza roho no gukuza ubuvandimwe bw’Abayisilamu.

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages