Uwo mubare w’abaherutse unyongwa watumye mu mezi ane gusa ya 2019, abantu bamaze guhanishwa kunyongwa muri icyo gihugu bagera ku 105.
Abenshi mu banyonzwe kuri uyu wa kabiri tariki ya 23 Mata biganjemo abayisiramu b’abashiya, barimo abashinjwa kugabwa igitero ku biro by’abashinzwe umutekano.
Itangazo ryashyizwe ku mugaragaro na Leta ya Arabie Saoudite, rivuga ko abanyozwe kuwa 23 Mata bashinjwaga gutera icyicaro cy’abashinzwe umutekano no kwica bamwe mu basirikare.
Abandi bashinjwa ibyaha birimo ingengabitekerezo y’ubuhezanguni mu iterabwoba, kurema imitwe y’iterabwoba no guhungabanya umutekano n’ituze rya rubanda.
Inkuru dukesha The Washington Post ivuga ko uyu ariwo mubare munini w’abantu banyongewe icyarimwe uhereye mu 2016 ubwo hanyongwaga abantu 47 biganjemo abashinjwaga ibyaha by’iterabwoba.
Mu banyonzwe kuwa Kabiri harimo abana bari munsi y’imyaka 18 ubwo bakoraga ibyaha kandi amategeko mpuzamahanga ntibyemewe guha icyo gihano abana.
Abakatiwe kwicwa muri Arabie Saoudite akenshi hifashishwa inkota bagacibwa imitwe.
Guverinoma y’icyo gihugu ivuga ko kuri ubu abishwe bose ari abaturage bacyo, nta munyamahanga urimo.
Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ivuga ko icyo gihugu ari kimwe mu gitanga kenshi ibihano byo kwicwa.
Mu mwaka wa 2018, abantu bishwe banyonzwe muri iki gihugu bagera ku 149, abagera kuri 44 muri bo akaba ari abanyamahanga.



















TANGA IGITEKEREZO