Byatumye umubare w’abanyamahanga u Burusiya bumaze kwicira muri iyo ntambara burwana n’ingabo za Ukraine, ugera ku 4.845.
Abo bahoze mu Ngabo za Amerika bishwe mu mpera z’icyumweru gishize. Mu bapfuye harimo Andrew Webber wahoze arwanira ingabo za Amerika zo mu mazi akaba azwiho gukoresha imbunda za machine guns.
Yishwe tariki 29 Nyakanga 2023 ari kurwana muri Brigade ya 59 y’ingabo za Ukraine ikoresha imbunda ziremereye.
Webber na mugenzi we w’Umunyamerika bishwe n’igitero cy’indege zitagira Abapilote cy’u Burusiya, ndetse na Amerika yemeje ko abo baturage bayo bapfuye.
Si bo ba banyamerika ba mbere bishwe barwana muri Ukraine kuko n’ibinyamakuru bitandukanye byo muri Amerika n’i Burayi bimaze igihe bitangaza ko hari abantu benshi bahoze mu ngabo za Amerika bitabajwe muri Ukraine.
Imibare ya Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya igaragaza ko guhera muri Gashyantare 2022 ubwo intambara yatangiraga, abanyamahanga b’abacanshuro 11.675 bo mu bihugu 84 bamaze kwinjira muri Ukraine bagiye kuyirwanira.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!