00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Balladur wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa yapfuye

Yanditswe na IGIHE
Kuya 1 September 2026 saa 07:48
Yasuwe :

Édouard Balladur wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa hagati ya 1993 na 1995, yapfuye afite imyaka 97.

Édouard Balladur yapfuye tariki ya 31 Kanama 2026. Amakuru y’urupfu rwe yatangajwe na Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa, Sébastien Lecornu.

Balladur yabaye Minisitiri w’Intebe mu gihe cy’ubutegetsi bwa François Mitterrand.

Nyuma yo kuva ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe, Balladur yagerageje kwiyamamariza kuyobora u Bufaransa mu matora ya Perezida wa Repubulika yabaye mu 1995.

Icyo gihe yahuriye mu ishyaka rimwe na Jacques Chirac, wari inshuti ye akaba n’umwe mu bari bamushyigikiye mu rugendo rwa politiki. Ariko aba bombi baje guhangana mu matora, Chirac aza kumutsinda.

Mu gihe cyo kwiyamamaza, Balladur yari umwe mu bahabwaga amahirwe menshi yo gutsinda, ariko Chirac aza kumurusha amajwi, atsindira kuyobora u Bufaransa.

Balladur yavukiye mu mujyi wa Smyrna, ubu witwa Izmir muri Turikiya, ku wa 2 Gicurasi 1929. Nyuma umuryango we waje kwimukira mu Bufaransa akiri muto. Yakuriye i Marseille, nyuma ajya i Paris aho yize mu Ishuri Rikuru ry’Imiyoborere (École Nationale d’Administration).

Yabaye kandi umuyobozi w’ibiro bya Perezida Georges Pompidou kugeza ubwo uyu Mukuru w’Igihugu yapfaga mu 1974.

Mu 1986 yabaye Minisitiri w’Imari, aho yagize uruhare mu kugurisha ibigo bimwe bikomeye bya Leta ku bikorera.

Balladur wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa yapfuye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages