00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ban Ki-Moon yasabye Abanyapolitike mu Burundi gushyira imbere inyungu z’igihugu

Yanditswe na

Umukunzi Denyse

Kuya 3 January 2016 saa 07:08
Yasuwe :

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ONU, Ban Ki-Moon, yasabye abayobozi mu nzego za politike i Burundi kubungabunga amahoro no gushyira hamwe bagaharanira inyungu z’igihugu hatitawe ku ishyaka iryo ari ryo ryose mu rwego rwo gukemura ibibazo bya politike muri iki gihugu.

Mu itangazo ryashyizeho umukono n’Umunyamabanga wa ONU kuwa 31 Ukuboza 2015, yashimiye Perezida Yoweri Museveni guhuza akanayobora ibiganiro bigamije kugarura amahoro hagati ya Leta n’abatavuga rumwe nayo mu Burundi.

Ban Ki-Moon yavuze ko haramutse hakomeje ibiganiro bikozwe mu mucyo ntawe uhejwe, hagakurikizwa amasezerano ya Arusha n’Itegeko Nshinga ry’u Burundi, asanga ikibazo kiri muri iki gihugu cyakemuka.

Uyu muyobozi kandi ashimira Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, wagaragaje ubushake bwo kohereza ingabo gufasha mu kugarura amahoro muri iki gihugu, icyemezo cyatewe utwatsi na Leta y’u Burundi.

Imvururu mu Burundi zatangiye muri Mata 2015 nyuma y’uko Ishyaka CNDD-FDD ryatangaga Perezida Pierre Nkurunziza nk’umukandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu.

Kugeza ubu abasaga 400 bamaze kugwa mu bwicanyi bukorerwa mu Burundi.

Ban Ki-Moon asanga ibiganiro bya Leta n'abatavuga rumwe na yo mu Burundi byagarura amahoro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages