Iyi gahunda yari yaratangijwe na Sheikh Mujibur Rehman wayoboye urugamba rwo gushaka ubwigenge bwa Bangladesh mu 1972, nyuma yo gutsinda intambara yari ihanganishije abaharanira impinduka n’ingabo za Pakistan mu 1971.
Mu 2018, Leta ya Bangladesh yahagaritse iyi gahunda izigamira abo muri iyi miryango imirimo 30%, gusa tariki ya 5 Kamena 2024, Urukiko Rukuru rwasabye ko iyi gahunda isubizwaho kuko ngo kuyikuraho ntibyari byubahirije amategeko.
Icyemezo cy’urukiko cyatumye tariki ya 1 Nyakanga 2024, urubyiruko rwiga muri izi kaminuza rutangira imyigaragambyo, rugaragaza ko izatuma abenshi batari mu miryango y’abarwaniye igihugu babura akazi.
Aba banyeshuri bo muri kaminuza za Leta n’izigenga, basobanura ko nta mutwe wa politiki bashamikiyeho, ahubwo ko icyabahurije hamwe ari ugusaba Leta gushyiraho gahunda iha buri wese amahirwe yo kubona akazi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!