00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Batandatu bashinjwe gushaka guhirika ubutegetsi bwa Perezida Tinubu wa Nigeria

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 21 April 2026 saa 09:06
Yasuwe :

Abantu batandatu muri Nigeria bashinjwe kugira uruhare mu mugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Perezida Bola Tinubu mu mwaka ushize.

Ikirego cyabo cyamaze gutangwa mu Rukiko Rukuru mu Mujyi wa Abuja, bikaba biteganyijwe ko abaregwa bagezwa imbere y’Urukiko ku wa 22 Mata 2026.

Ibijyanye n’ihirikwa ry’ubutegetsi muri Nigeria byatangiye gukwirakwira mu Ukwakira 2025, ubwo guverinoma yafataga icyemezo cyo guhagarika akarasisi k’ingabo kari gukorwa, mu kwizihiza imyaka 65 y’ubwigenge.

Igisirikare cyabanje kwamagana ayo makuru, ariko muri Mutarama 2026 kiza gutangaza ko abasirikare 16 bagomba kugezwa imbere y’Urukiko rwa Gisirikare kubera kugerageza guhirika ubutegetsi.

Mu baregwa harimo Rtd Maj Gen Mohammed Ibrahim Gana, Rtd Navy Captain Erasmus, Ochegobia Victor, Umuyobozi wa Polisi, Ahmed Ibrah, ushinzwe amashanyarazi mu rugo rwa Perezida, Zekeri Umoru, Bukari Kashim Goni n’Umunyamabanga w’Abayisilamu, Abdulkadir Sani.

Inyandiko y’ikirego, yerekana ko abo batandatu ntacyo baravuga ku byo baregwa ariko ko bacuze umugambi bagamije gutangiza intambara yo kurwanya Leta hagamijwe gutera ubwoba Perezida no kumushyiraho igitutu

Iyo nyandiko kandi igaragaza ko umugambi wo guhirika ubutegetsi wari uyobowe na Col Mohammed Alhassan Ma’aji watawe muri yombi.

Ubushinjacyaha kandi bugaragaza ko abaregwa bari bazi neza umugambi wa Col Mohammed ariko ntibabimenyesha inzego z’ubuyobozi.

Ibyaha bashinjwa birimo guhisha amakuru y’iperereza, aho abashinjacyaha bavuga ko abaregwa bari bafite umugambi wo guhungabanya umutekano w’igihugu kandi ntibatange amakuru yashoboraga gufasha gukumira ibikorwa by’iterabwoba.

Hari kandi n’ibirego bikomeye bijyanye n’iyezandonke, aho bashinjwa ko habayeho guhererekanya amafaranga afitanye isano no gutera inkunga ibikorwa by’iterabwoba.

Batandatu bashinjwe gushaka guhirika ubutegetsi bwa Tinubu mu 2025

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages