00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Benjamin Netanyahu yakuriye inzira ku murima abashaka agahenge muri Gaza

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 31 October 2023 saa 09:08
Yasuwe :

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yakuriye inzira ku murima amajwi amaze iminsi amusaba gutegeka ingabo ze zigatanga agahenge muri Gaza, kugira ngo abatanga ubutabazi babashe kwita ku bagizweho ingaruka.

Netanyahu yabwiye abanyamakuru kuri uyu wa Mbere ko gutanga agahenge byaba bivuze gutsinda k’umutwe wa Hamas.

Yagize ati “Kwemera agahenge kuri twe nka Israel byaba bivuze gutsindwa na Hamas, gutsindwa n’iterabwoba n’ubugizi bwa nabi.”

Netenyahu yavuze ko nk’uko Leta Zunze Ubumwe zitigeze ziceceka ubwo u Buyapani bwagabaga igitero ku cyambu cyizwi nka Pearl Harbor mu 1941 cyangwa ubwo zagabagwaho ibitero na Al Qaeda mu 2001, ngo niko Israel idashobora guha agahenge Hamas.

Yavuze kandi ko ibihugu byanze kwifatanya na Israel muri iyi ntambara, bigomba kwitegura ibibazo mu gihe Hamas yaba itsinze.

Ati “Hamas na Iran ndetse n’abandi bakozi ba sekibi nibaramuka batsinze, nimwe muzakurikiraho.”

Netanyahu yavuze ko ingabo ze zagiye muri Gaza kurandura Hamas no guhagarika ubwicanyi bukorwa na Hamas ibukoreye abanya-Palestine.

Kugeza ubu Gaza isa n’iyafungiwe byose dore ko Israel yategetse ko nta muriro, nta mazi, nta bikomoka kuri peteroli cyangwa ibindi byajyaga byinjirayo byemerewe kuhagera. Ni mu gihe ubuzima bukomeje kuba bubi ku basaga miliyoni ebyiri batuye muri iyo Ntara ihana imbibi na Israel.

Netanyahu yavuze ko nta gahenge ateze guha Hamas

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages