Dr Ronny usigaye ari umudepite wo mu ishyaka ry’aba-Republicains Trump ahagarariye, yavuze ko afite impamvu zo gukeka ko Perezida Biden ateganya gufata iyi miti kugira ngo izamufashe gukomeza ubuzima bwe bwo mu mutwe.
Yagize ati “Bashobora kumuha ikintu kizamufasha gutekereza neza, kikamukangura kugira ngo azagumane ubwenge.”
Biden w’imyaka 81 y’amavuko, ni we Perezida ushaje kurusha abandi wabayeho mu mateka ya Amerika. Mu gihe yatsinda amatora ateganyijwe mu Ugushyingo 2024, manda ye ya kabiri yazarangira afite imyaka 86.
Bamwe mu bayobozi b’ishyaka ry’aba-Republicains bamaze iminsi bagaragaza ko Biden adafite ubushobozi bwo gukomeza kuyobora Amerika, babishingiye ku kuba yaragiye yitiranya amazina, cyangwa agahanuka ku ngazi z’indege ye.
Uyu muganga yandikiye kenshi ibiro by’Umukuru w’igihugu, asaba ko Biden apimwa ubuzima bwe bwo mu mutwe kugira ngo harebwe niba ashoboye gukomeza inshingano.
Bivugwa ko Biden ari kumara icyumweru mu kigo cya Camp David cyagenewe kuruhukiramo Umukuru w’Igihugu, kandi ngo ari kuhatinda kugira ngo azafashwe gutegura neza ibi biganiro mpaka, hakoreshejwe imiti.
Donald Trump na we aherutse gutangariza i Philadelphia ko hari umugambi wo gutera urushinge Perezida Biden.
Ati “Bashaka kumufasha kugira imbaraga nyinshi, bityo mu gihe gito mbere y’ibiganiro mpaka, bazamutera urushinge ku kibuno. Azaza afite imbaraga nyinshi."
Itsinda ritegura ibikorwa byo kwiyamamaza bya Biden ryamaganye ko ibyo Trump yatangaje, risobanura ari amagambo y’amafuti.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!