00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bill Clinton mu bashobora gukorwaho iperereza ku bufatanyacyaha mu guhohotera abakobwa

Yanditswe na Muhonzire Sylvine
Kuya 1 January 2022 saa 05:34
Yasuwe :

Bill Clinton wabaye perezida wa 42 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ashobora gukorwaho iperereza ku byaha byo gukorera abakobwa ihohoterwa rishingiye ku gutsina nyuma yo gushinjwa kugirana umubano wa hafi na Jeffrey Epstein, washinjwe gucuruza abakobwa no kubahohotera.

Ibi bishingirwa ku kuba yaragaragaye kenshi agenda mu ndege ya Epstein yitwaga Lolita Express yari izwiho gukorerwamo ibirori no kuberamo amarorerwa yo gukorera abakobwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina bakaryamana n’abashyitsi b’uyu muherwe ubwo babaga bari mu rugendo.

Ubwo Clinton yakoreraga urugendo muri Afurika mu 2002 na 2003, yakoresheje iyi ndege ndetse agaragara ari gukorerwa ‘massage’ n’umukobwa wari umukozi w’uyu muherwe, Chauntae Davies, mu mafoto yashyizwe hanze na Dail Mail mu 2020 yafashwe icyo gihe.

Mu kiganiro yagiranye n’iki kinyamakuru, Davies wari ufite imyaka 22 icyo gihe avuga ko yahohotewe kenshi na Epstein ndetse ubwo yakoreraga massage Clinton yari abisabwe na Ghislaine Maxwell wari inshuti y’akadasohoka y’uyu muherwe.

Maxwell ubu amaze umwaka mu buroko ndetse ashobora gukatirwa igifungo cy’imyaka irenga 60 azira ubufatanyacyaha mu gucuruza abakobwa bakoreshwaga ubusambanyi ku gahato kuko ibyaha yabihamijwe n’urukiko.

Muri iyi ndege hari harimo n’ibindi byamamare birimo umukinnyi wa filime Kevin Spacey ndetse n’umunyarwenya Chris Tucker ubwo basuraga ibihugu byo muri Afurika birimo u Rwanda, Ghana, Nigeria, Mozambique na Afurika y’Epfo bagiye mu bikorwa by’ubugiraneza.

Umupilote wamaze imyaka 30 atwara Lolita Express, Larry Visoski, wari umutangabuhamya mukuru mu rubanza rwa Ghislaine, yavuze ko yabanzaga kumenyeshwa mbere ko azatwara abantu bakomeye nka Bill Clinton wayoboye Amerika kuva mu 1993 kugera mu 2001.

Visoski yavuze ko hari ibindi bikomerezwa byinshi yibuka byakoreye ingendo muri iyo ndege ya Epstein birimo Bill Gates, Donald Trump n’Igikomangoma Andrew umwana wa Kabiri w’umwamikazi Elizabeth II bakaba bashobora gukorwaho iperereza ku byaha byo gusambanya abakobwa.

Ibiro bya Clinton byo byamaze gutangaza ko uyu mugabo wari ufite imyaka 56 icyo gihe atari azi ko Epstein acuruza abakobwa batagejeje imyaka y’ubukure ndetse ko iyi ndege yayikozemo ingendo enye gusa agiye mu bikorwa bya Clinton Foundation n’ubwo amakuru y’ingendo za Lolita Express agaragaza ko yayikozemo ingendo 26.

Epstein wakoze ibi byose yapfuye muri Kanama 2019 yiyahuriye mu buroko, ubu hari gukurikiranwa Maxwell wari inshuti ye ndetse n’abandi bantu bikekwa ko bafatanyije ibikorwa byo guhohotera abana b’abakobwa.

Bill Clinton yagaragaye ari gukorerwa massage na Davies wari umukozi wa Epstein
Clinton ari kumwe na Ghislaine wari inshuti ya Epstein mu ndege ye
Davies avuga ko ntacyo Clinton yigeze amutwara
Davies avuga ko ubwo yari mu ndege nk'umukozi ushinzwe gukorera abayirimo 'massage' yasabwe kwambara imyenda yambarwa n'abakozi bo mu ndege
Davies avuga ko yakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina inshuro nyinshi na Epstein
Davies yari afite imyaka 22 mu 2002
Donald Trump ari kumwe na Epstein
Ibiro bya Clinton byatangaje ko iyi ndege yayikoreyemo ingendo inshuro enye gusa, mu gihe amakuru y'indege agaragaza ko yayikozemo ingendo 26

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages