Biteganyijwe ko mu mpera za Gashyantare ko aribwo Komisiyo yo mu Nteko Ishinga Amategeko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yahawe inshingano zo gukora iperereza ku kibazo cya Jeffrey Epstein washinjwe gusambanya abagore n’abakobwa no kubacuruza izahata ibibazo uyu muryango ku mubano bari bafitanye n’uyu mugabo.
Clinton abinyujije ku rubuga rwa X yavuze ko yifuza ko iyi komisiyo yazamubaza ibijyanye n’uru rubanza mu ruhame.
Ibi yabihurijeho n’umugore we Hillary Clinton wavuze ko ibyo bazi kuri dosiye ya Epstein byose bamaze kubibwira iyi Komisiyo iyobowe n’Aba-Républicain gusa avuga ko niba bifuza ko bakomeza guhangana babikorere mu ruhame.
Ati “Niba mushaka ko duhangana [..] mureke tubikorere mu ruhame.”
Mu 2019 byatangajwe ko Bill Clinton yagenze mu ndege bwite ya Epstein mu bihe bitandukanye ndetse arabyemera ariko ahakana ko yigeze agera kuri iki kirwa cye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!