00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Blinken yasuye Ukraine bitunguranye, yongera kwizeza amaboko Perezida Zelensky mu ntambara n’u Burusiya

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 14 May 2024 saa 08:19
Yasuwe :

Umunyamabanga wa Leta zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken wagiriye uruzinduko rutunguranye muri Ukraine mu gihe ingabo z’u Burusiya zikomeje kuyobora urugamba, yasezeranyije iki gihugu ko Amerika igiye kongera cyane ubufasha yagihaga kugira ngo kibashe gukubita inshuro u Burusiya.

Uru ruzinduko rwa mbere rw’umuyobozi muri Amerika kuva Ukraine yakwemererwa inkunga n’icyo gihugu mu kwezi gushize, CNN yanditse ko rufatwa nk’urwo gushimangira ubufasha Amerika izakomeza guha Ukraine muri iyi ntambara.

Mu ijambo yavugiye muri Kaminuza ya Kyiv, Blinken yatangiye avuga ko Ukraine iri mu minsi iyikomereye y’urugamba cyane cyane mu Mujyi wa Kharkiv aho yashimangiye ko ingufu ingabo z’u Burusiya zihafite ari inkunga mu by’intambara zihabwa na Iran, Koreya ya Ruguru ndetse n’u Bushinwa gusa ko Amerika izakomeza gushyigikira Ukraine mu rwego rwo kwirwanaho.

Blinken yavuze kandi ko Amerika igiye gufasha Ukraine uko ishoboye kose ntibyorohere u Burusiya kongera kuyigabaho ibitero byo mu kirere. Yavuze kandi ko Amerika igiye gufasha Ukraine kuyiharurira inzira mu buryo bukomeye ikazabasha kwinjira mu muryango NATO usa n’uwabaye intandaro y’iyi ntambara.

Ikindi Blinken yasezeranyije Ukraine ni uko igihugu cye cyizakora ibishoboka byose u Burusiya bukishyura ikiguzi cyose cy’ibimaze kwangizwa n’intambara ndetse no kubisana nk’uko amategeko mpuzamahanga abiteganya.

Yagize ati “Ibyo Putin yasenye u Burusiya butegetswe kwishyura ikiguzi cyo kongera kubyubaka. Ni byo itegeko mpuzamahanga risaba kandi ni byo Abanya-Ukraine bakwiye”.

Ibyo ngo bizagirwamo uruhare no gufatira imwe mu mitungo y’Abarusiya iri muri Amerika mu rwego rwo gushaka ku ngufu ko u Burusiya bwishyura ibyangijwe byose n’intambara.

Blinken yashimangiye ko mu kwezi gushize inkunga ya miliyali 61 $ igenewe Ukraine ikimara kwemezwa n’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika, Perezida Joe Biden yahise asubukura gahunda yo koherereza intwaro Ukraine zinyuze mu nyanja.

Blinken yasoje avuga ko Perezida Vladmir Putin yagiye akerensa Ukraine n’igisirikare cyayo ariko ko ubuhangange bwayo butarangirira mu bisasu bya bombe iraswaho cyangwa abantu yapfushije ndetse ahubwo ko ari yo izatsinda iyi ntambara.

Antony Blinken yasezeranyije Ukraine ubufasha bwa Amerika buhoraho mu ntambara

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages