00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Boris Johnson yibagiwe ijambo banga rya telefone ye

Yanditswe na Zigiranyirazo Bajecteur
Kuya 15 July 2023 saa 10:03
Yasuwe :

Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, yananiwe gutanga ubutumwa bwa whatsapp yasabwe mu iperereza rifitanye isano n’ibyaha aregwa ko yakoze mu bihe bya Covid-19.

Ikinyamakuru The Times cyatangaje ko Johnson adashobora kwibuka ijambo-banga kuko aheruka kurikoresha mu 2021, akiri Minisitiri w’Intebe.

Nubwo bimeze bityo ariko, umuhagarariye yatangaje ko afite ubushake bwo gutanga amakuru asabwa.

Ati “Nk’uko byavuzwe mbere, Johnson azakorana neza n’abakora iperereza. Arashaka gushyira ku mugaragaro ikintu cyose.”

Mu gihe ibiro bya Minisitiri w’Intebe biri kugerageza kwinjira muri iphone ya Johnson, hari impungenge ko ibirimo bishobora guhita bisibwa mu gihe hakwinjizwamo itari yo.

Ibi biro byari byategetswe kubahiriza icyemezo cy’Urukiko Rukuru cyo gutanga ubutumwa bwa WhatsApp bwa Johnson na ‘Agenda’ bitarenze ku wa Mbere mu rwego rwo gukora iperereza ku byo yakoze mu gihe cya Covid-19.

Johnson yashyizwe ku gitutu nyuma yo gukorera ibirori mu biro bye ubwo abaturage bari muri Guma mu Rugo kubera icyorezo cya COVID-19. Ni igikorwa cyakomeje kugarukwaho nka “Partygate”.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages