Mu ibaruwa yandikiye Perezida wa Brazil, Michel Temer, Minisitiri Jose Serra yatangaje ko yababajwe cyane no kwegura, nyuma yuko abaganga be bamubwiye ko akeneye nibura amezi ane kugira ngo abe yakize neza.
Ibiro Ntaramakuru bya Agência Brasil bitangaza ko iyi baruwa yashyikirijwe Perezida Temer kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 22 Gashyantare 2017.
Serra w’imyaka 74 yari amaze amezi atandatu kuri iyi mirimo yahawe nyuma y’uko Dilma Rousseff wahoze ari Perezida w’iki gihugu kibarizwa muri Amerika y’Amajyepfo yegujwe n’Inteko Ishinga Amategeko muri Kanama 2016.
Minisitiri Jose Serra yatangiye gukora politiki mu 1995, ubwo yari Minisitiri w’Igenamigambi ku butegetsi bwa Perezida Fernando Henrique Cardoso. Uyu mugabo kandi yabaye Senateri, Guverineri na Meya wa São Paulo.
Mu 2010, yiyamamarije umwanya w’umukuru w’igihugu, aza gutsindwa na Rousseff, wahise uca agahigo ko kuba Perezida w’umugore utorewe kuyobora Brazil.
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu ndetse na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Brazil ntacyo baratangaza ku muntu ugomba gusimbura Serra.



















TANGA IGITEKEREZO