00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Brésil yatangaje ko nayo ishobora kwivana muri OMS

Yanditswe na Habimana James
Kuya 6 June 2020 saa 04:10
Yasuwe :

Perezida wa Brésil, Jair Bolsonaro, yatangaje ko igihugu cye gishobora kwivana mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, kuko uyu muryango ukomeje kugaragaza ukubogama.

Bolsonaro yabwiye abanyamakuru ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zamaze kwivana muri uyu muryango, igihugu cye nacyo kirimo kwiga kuri iki cyemezo.

Yagize ati “OMS igomba gukora mu buryo butarimo kubogama cyangwa natwe twivanemo, ntabwo dukeneye abantu bava mu mahanga baza kuduha amabwiriza mu bijyanye n’ubuzima.”

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zo zamaze guhagarika imikoranire zari zifitanye na OMS.

Perezida Donald Trump ashinja OMS kunanirwa gukurikirana u Bushinwa mu buryo bwitwaye ku cyorezo cya Coronavirus.

Amerika ni cyo gihugu cya mbere ku isi cyateeraga inkunga nyinshi cyane OMS, mu mwaka ushize wa 2019 ikaba yarahaye OMS irenga miliyoni 400 z’amadolari.

Ikinyamakuru, Folha de S Paul kivuga ko Brésil iheruka guhagarika gutanga umusanzu wayo muri OMS mu 2019, aho kugeza ubu iki gihugu gifitiye OMS umwenda wa miliyoni 33 z’amadorali ya Amerika.

Imibare igaragaza ko Brésil isanzwe itanga imisanzu muri OMS igera kuri miliyoni 14.1 z’amadorali ku mwaka.

Aljazeera yo ivuga ko Perezida wa Brésil yatangaje aya magambo mu gihe umubare w’abandura n’abapfa muri iki gihugu ukomeje kwiyongera kuko kuri uyu wa Gatanu gusa abantu bashya banduye barengaga ibihumbi 30, mu gihe abandi barenga igihumbi bapfuye umunsi umwe.

Nubwo iki gihugu cyugarijwe na coronavirus, Perezida Bolsonaro we avuga ko hagomba kuvanwaho amabwiriza yose yo kwirinda iki cyorezo.

Agaragaza ko ingaruka iki cyorezo gifite ku bukungu, ziruta kure izo cyagira ku buzima.

Umuvugizi wa OMS, Margaret Harris, atangaza ko “Kuvanaho gahunda yo kuguma mu rugo n’izindi ngamba zo kurwanya iki cyorezo, aribyo birimo gutuma ubwandu bukomeza kwiyongera mu bihugu byo muri Amerika y’Epfo.”

Kugeza ubu Brésil iza ku mwanya wa Kabiri ku Isi aho ifite abanduye coronavirus 646 006, naho abamaze gupfa ni 35 047

Perezida wa Brésil, Jair Bolsonaro, yatangaje ko igihugu cye gishobora kwivana muri OMS

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages