Impamvu nyamukuru y’iyi nama ni ukugira ngo aba bakuru b’ibihugu byombi bigire hamwe ibyakorwa kugira ngo intambara muri Ukraine igere ku musozo.
Ku wa 20 Ukwakira 2025, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Bulgarie, Georg Georgiev, yavuze ko iki gihugu kitazananiza Putin kuko azaba agiye muri gahunda y’amahoro.
Yagize ati "Niba igihari ari ugukora inama kugira ngo amahoro agerweho, birumvikana ko ibisabwa byose kugira ngo ibe bigomba gukorwa."
Tariki ya 16 Ukwakira, Trump yavuganye na Putin ku murongo wa telefone, bemeranya ko bazahurira i Budapest mu byumweru bibiri.
Aba bakuru b’ibihugu baherukaga guhurira muri Leta ya Alaska tariki ya 15 Kanama. Icyo gihe na bwo baganiriye ku guhagarika intambara yo muri Ukraine.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!