00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Buri mwana w’Umushinwa agiye kujya ahabwa 720.000 Frw mu gushishikariza ababyeyi kubyara

Yanditswe na Mukundwa Angelique
Kuya 30 July 2025 saa 12:51
Yasuwe :

U Bushinwa bwatangije gahunda yo kongera umubare w’abatuarge, binyuze mu gushyigikira imiryango kubyara, aho buri mwana ku mwaka azajya agenerwa 3600 by’Ama-yuan (arenga ibihumbi 720 Frw) kuva akivuka kugera yujuje imyaka itatu.

Iyi gahunda iri mu murongo mugari w’u Bushinwa, aho bwafashe ingamba yo guhangana n’ikibazo cy’igabanyuka ry’abaturage binyuze mu kongera imbyaro.

Imibare igaragaza ko Abashinwa bamaze hafi imyaka irindwi yikurikiranya kugeza mu 2024 bagabanyuka, bikagirwamo uruhare n’abana bake bavuka, abari kujya mu za bukuru n’ubukungu rimwe na rimwe bujegajega.

U Bushinwa bwahagurukiye iki kibazo bufata ingamba nko kugabanya imisoro, kongera ibiruhuko bihabwa ababyeyi, kwita ku bana n’ibindi.

Gahunda nshya izatangira muri uyu mwaka ndetse biteganyijwe ko imiryango ingana na miliyoni 20 izajya ifashwa buri mwaka.

Aya mafaranga azajya akurirwaho imisoro ndetse ntabwo azajya ashingirwaho mu gihe harebwa ibyo imiryango yinjiza igiye gufashwa.

U Bushinwa bwatangiye koroshya gahunda yo kuboneza urubyaro yari imaze igihe kirekire. Mu 2015 ni bwo bwahagaritse gahunda yo kubyara umwana umwe, ubu umuryango wemerewe batatu.

Nubwo mu 2024 havutse abara miliyoni 9,5, bigafatwa nk’intambwe nziza, baracyari bake kuko ari kimwe cya kabiri ugereranyije n’abari bavutse mu 2017.

Nubwo Abashinwa bashyiriweho gahunda zibashishikariza kubyara cyane ariko ntabwo bo barabishishikarira bijyanye n’ibiciro birimo iby’amacumbi biri hejuru, uburezi buhenze, icyizere gike cyo kuguma mu kazi n’amasaha menshi y’umurimo.

Kugeza ubu u Bushinwa bufite abaturage miliyari 1,4, ibibugira igihugu cya kabiri gifite abaturage benshi ku Isi nyuma y’u Buhinde bufite miliyari 1,46.

U Bushinwa bwashyizeho ingamba nyinshi zishishikariza abaturage kubyara

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages