00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Burundi: Umuyobozi wa Radiyo yatumijwe ngo asobanure ku iyicwa ry’ababikira 3

Yanditswe na
Kuya 19 January 2015 saa 04:27
Yasuwe :

Bob Rugurika Umuyobozi wa RPA (Radio Publique Africaine), yatumijwe n’ubuishinjacyaha bwa Bujumbura ngo yisobanure ku nkuru amaze iminsi atangaza, zivuga ku bwicanyi bwakorewe ababikira batatu mu Kamenge.
Hashize iminsi RPA itangaza urukurikirane rw’amaperereza yakoze ku bijyanye n’ubwicanyi bwakorewe ababikira batatu b’abataliyanokazi Olga Raschietti w’imyaka 83, Bernadette Boggia w’imyaka 79 na Lucia Pulici w’imyaka 75 mu Kamenge.
Umuyobozi wa RPA ubwe, ni we wakoze ayo maperereza, ari (…)

Bob Rugurika Umuyobozi wa RPA (Radio Publique Africaine), yatumijwe n’ubuishinjacyaha bwa Bujumbura ngo yisobanure ku nkuru amaze iminsi atangaza, zivuga ku bwicanyi bwakorewe ababikira batatu mu Kamenge.

Hashize iminsi RPA itangaza urukurikirane rw’amaperereza yakoze ku bijyanye n’ubwicanyi bwakorewe ababikira batatu b’abataliyanokazi Olga Raschietti w’imyaka 83, Bernadette Boggia w’imyaka 79 na Lucia Pulici w’imyaka 75 mu Kamenge.

Umuyobozi wa RPA ubwe, ni we wakoze ayo maperereza, ari na yo yatumye ahabwa urwandiko rumutumira (Warrant to appear) kwitaba Ubushinjacyaha bwa Bujumbura kuri uyu wa kabiri tariki ya 20 Mutarama 2015, saa tatu za mugitondo.

Muri urwo rwandiko, handitse ko Bob Rugurika ahamagariwe gutanga ibisobanuro ku makuru RPA imaze iminsi itangaza ku bwicanyi bwakorewe ababikira batatu b’abataliyanikazi.

Tubibutse ko Christian Claude Butoyi ari we wemera ko yakoreshejwe akica abo babikira, akavuga ko mbere y’ubwo bwicanyi habaye inama ebyiri (2) zibutegura, zabereye mu kabari kitwa “Iwabo w’abantu”, kakaba ari aka Général Adolphe Nshimirimana wahoze ayoboye urwego rw’Ubutasi.

Uwo muturage avuga ko inama ya mbere yari ayirimo, hamwe n’abandi bantu nka Adolphe Nshimirimana, umupolisi witwa Ayubu, na Major Joseph Niyonziza bahimba Kazungu, Guillaume Harushimana ushinzwe ubukungu mu kigo Centre Jeunes Kamenge n’abandi.

Uwo Guillaume Harushimana akaba kuri uyu wa mbere yareze RPA mu rwego CNC rushinzwe kugenzura itangazamakuru, asaba ko urwo rwego rwabwiriza iyo radiyo ikabeshyuza ayo makuru.

Iyi radiyo ivuga ko yagerageje gushaka Harushimana ngo agire icyo abivugaho, ariko akabura, dore ko gahunda zose yatangaga nta n’imwe yigeze yubahiriza.
Bob RUGURIKA, umuyobozi wa RPA atumweho mu butabera mu gihe hari amakuru avuga ko haba hari umugambi wo kumwivugana urimo gutegurwa.

Tubibutse ko Christian Claude BUTOYI yishe ababikira babiri ba mbere ku cyumweru tariki ya 7 Nzeri 2014 ahagana saa munani z’amanywa, agaruka mu gicuku saa munani z’ijoro yica undi wa gatatu, atabwa muri yombi kuwa mbere tariki ya 8 Nzeri 2014, ari na bwo yeretswe itangazamakuru, agahita asobanura uburyo yabishemo.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages