00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bush yatangaje uburyo akunda umugore wa Obama

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 3 March 2017 saa 07:44
Yasuwe :

Uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, George W. Bush na Michelle Obama umugore wa Barack Obama ni abantu babiri batakunze kugaragara mu ruhame bari kumwe cyangwa ngo ube wabona amafoto yabo menshi acaracara, gusa Bush yasobanuye uburyo yishimiye uyu mugore kuva akimubona.

Bush wabaye Perezida wa 43 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntiyari aherutse kugaragara mu ruhando rwa Politiki, gusa muri iyi minsi yongeye kugaragara mu itangazamakuru kuko ari kwamamaza igitabo cye gishya "Portraits of Courage,"kizajya hanze mu minsi iri imbere kigaragaza ibishushanyo bye by’abahoze ari abasirikare.

Uyu mugabo yatangaje uburyo umugore wa Obama ari umuntu wumva neza ibyiyumviro bye ari nayo mpamvu ngo amwishimira bitewe n’uko yita ku bantu.

Aganira n’Ikinyamakuru People Magazine yagize ati “Ubwo namubonaga, cyari ikimenyetso nyakuri cy’ibyiyumvo byanjye” aha yasobanuraga uko byagenze ku munsi wa mbere amubona.

Yavuze ko umugore wa Obama ari urugero rw’umuntu ukunda ibyiyumviro bye ndetse ko iyo abonye umuntu umeze atyo, nta kabuza nawe ahita amukunda.

Amafoto ya Bush na Michelle Obama mu bihe bitandukanye


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages