00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bwa mbere mu myaka 116, MI6 igiye kuyoborwa n’umugore

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 16 June 2025 saa 07:26
Yasuwe :

Bwa mbere mu myaka 116, Urwego rw’Ubutasi rw’u Bwongereza, MI6, rugiye kuyoborwa n’umugore, aho Blaise Metreweli ariwe wahawe izi nshingano.

Metreweli winjiye muri Serivisi y’Ubutasi mu 1999, azaba umuyobozi wa 18 w’uru rwego, asimbure Sir Richard Moore. Azatangira inshingano mu mpera z’uyu mwaka.

Kuri ubu, ayoboye ishami rishinzwe ikoranabuhanga no guhanga udushya muri uru rwego, akaba yavuze ko “yishimiye kandi atewe ishema” no kuba yarahawe inshingano zo kuruyobora.

Minisitiri w’Intebe, Sir Keir Starmer, yavuze ko kuba uyu mugore yahawe izi nshingano ari “amateka” cyane cyane “mu gihe imirimo y’inzego z’ubutasi ikenewe kurusha ikindi gihe cyose.”

MI6 ifite inshingano zo gukusanya amakuru y’ubutasi hanze y’u Bwongereza hagamijwe kongera umutekano w’igihugu. Intego nyamukuru zayo ni ukurwanya iterabwoba, kurwanya ibikorwa by’ibihugu bifite imigambi mibi no kongerera ingufu umutekano w’ikoranabuhanga.

Umuyobozi Mukuru wa MI6, uhabwa izina rya "C", ni we muntu rukumbi utangazwa mu ruhame nk’umukozi w’uru rwego.

Metreweli w’imyaka 47, ubu ni Umuyobozi Mukuru w’ishami rizwi nka "Q" – rishinzwe ikoranabuhanga.

Blaise Metreweli w'imyaka 47 ni we mugore wa mbere ugiye kuyobora MI6 mu myaka 116
MI6 ni rumwe mu nzego z'ubutasi zikomeye ku Isi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages