00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Byahishuwe ko uherutse kwica abantu 15 muri New Orleans yari Umusirikare wa Amerika

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 3 January 2025 saa 10:48
Yasuwe :

Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyatangaje ko Shamsud-Din Jabbar uherutse kwica abantu 15 muri New Orleans abagongesheje imodoka, yahoze mu gisirikare cy’iki gihugu.

Iki gikorwa cyafashwe nk’igitero cy’iterabwoba cyabaye ku wa Gatatu tariki 1 Mutarama 2025, ubwo abantu benshi bari bateraniye muri Leta ya Louisiana, mu gace ka New Orleans, mu birori byo kwizihiza umwaka mushya.

Uyu mugabo wari mu modoka yayiyoboye muri iki kivunge cy’abantu, 15 barapfa abandi barakomereka.

Shamsud-Din Jabbar yaje kuraswa n’abagize inzego z’umutekano nyuma yo kugerageza kubarwanya.

Umuvugizi w’Igisirikare cya Amerika yavuze ko Shamsud-Din Jabbar yahoze mu ngabo z’iki gihugu.

Uyu mugabo kandi ni umwe mu basirikare ba Amerika boherejwe muri Afghanistan kuva muri Gashyantare 2009 kugeza Mutarama 2010.

Mu 2015 nibwo yavuye mu gisirikare mu buryo bahoraho, ajya mu mutwe w’Inkeragutabara, nawo yaje kuvamo mu 2020.

Amaze kuva mu gisirikare yakomeje ubuzima aho yagiye mu bucuruzi butandukanye harimo gucuruza imitungo itimukanwa n’ibindi.

Urwego rushinzwe iperereza muri Amerika (FBI), rwavuze ko nyuma y’impanuka basatse muri iyo modoka yari atwaye basangamo ibendera ry’umutwe w’iterabwoba wa Islamic State (Is).

Byahishuwe ko Shamsud-Din Jabbar uherutse kwica abantu 15 muri New Orleans yari Umusirikare wa Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages