Iki cyemezo cyamaganiwe kure na Israel na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho Perezida Donald Trump yavuze ko bizabangamira ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’ubucuruzi hagati ya Amerika na Canada.
Minisiti w’Intebe Carney yavuze ko iyi ntambwe yari ikenewe mu rwego rwo gusigasira icyizere cyo gushaka igisubizo cyo guhosha amakimbirane gishingiye ku bihugu bya Israel na Palestine.
Yagize ati "Canada irateganya kwemera igihugu cya Palestine mu nama ya 80 y’Inteko Rusange ya Loni muri Nzeri 2025."
Ikimara kumva iki cyemezo cya Canada, Israel yahise ikinenga ivuga ko ari igitutu ikomeje gushyirwaho ku rwego mpuzamahanga kandi bisa n’ibihuriweho.
Mu itangazo rigenewe abanyamakuru Ambasade ya Israel muri Ottawa, yavuze ko "Kwemera igihugu cya Palestine hatariho guverinoma ishoboye, inzego zikora cyangwa ubuyobozi bwitangira abandi, ari uguhemba no gushyigikira ibikorwa by’ubugome ndengakamere bya Hamas byabaye ku wa 7 Ukwakira 2023."
Perezida Trump na we asubiza kuri iki cyemezo cya Canada abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, yavuze ko bizagorana kugirana amasezerano y’ubucuruzi na Canada.
Ati "Canada yatangaje ko ishyigikiye ko Palestine iba igihugu cyigenga. Ibyo bizatuma bigorana kugirana na yo amasezerano y’ubucuruzi."



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!