00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Canada: Ucyekwaho kwica abantu 10 abateye ibyuma yapfuye nyuma yo gutabwa muri yombi

Yanditswe na Uwabeza Hussein
Kuya 8 September 2022 saa 10:36
Yasuwe :

Kuri uyu wa Gatatu Myles Sanderson w’imyaka 32 ukekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu 10 agakomeretsa abandi 18 abateye ibyuma, na we yaguye mu bitaro nyuma yo gutabwa muri yombi na polisi.

Sanderson n’ubundi akekwaho kuba ari we wishe umuvandimwe we Damien Sanderson.

Uyu mugabo yafashwe na polisi nyuma y’igisa nk’isiganwa yabakoresheje mu modoka ya ‘Chevrolet Avalanche’ na yo yari yibye mu rugo rw’umutarage.

Polisi ivuga ko yagendaga ku muvuduko wa kilometero 150 ku isaha ubwo yamukurikiraga ku munsi w’ejo.

Nyuma yo gutabwa muri yombi ngo yahise amererwa nabi cyane ajyanwa mu bitaro ari naho yaguye nk’uko BBC ibivuga.

Urupfu rwe rwasize benshi bari bahagaritse imitima biruhutsa barimo n’umuyobozi wa polisi.

Myles Sanderson yaciye igikuba nyamara n’ubundi yari asanzwe afite dosiye itoroshye kuko kuva afite imyaka 18 yari amaze guhamywa n’inkiko ibyaha bigera kuri 59 bitandukanye birimo ubujura, gukomeretsa no gukoresha ibikangisho.

Muri Gashyantare nibwo yafunguwe by’agateganyo atarangije igihano cy’imyaka ine yari yarakatiwe, akanama kigaga ku ifungurwa rye ngo kabonaga ko nta kibazo azateza rubanda ndetse ari uburyo bwiza bwo kumugorora no kumusubiza mu buzima busanzwe.

Myles Sanderson w’imyaka 32 ukekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu 10 agakomeretsa abandi 18 abateye ibyuma, na we yaguye mu bitaro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages