Ububabare bukabije buterwa no gukoresha ibiyobyabwenge birenze igipimo, gukoresha imiti ya magendu n’ubuterwa n’izindi mpamvu zitandukanye, bihitana benshi muri Canada.
Canada iri ku mwanya wa kabiri nyuma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu kugira umubare munini w’abaturage bahitanwa n’indwara yo kugira ububabare bukabije buterwa n’impamvu zitandukanye.
Ikigo gishinzwe Ubuzima muri Canada cyatangaje ko hagati ya Mutarama 2016 na Nzeri 2018, abaturage b’icyo gihugu 10 337 bishwe no gukoresha imiti myinshi igabanya ububabare.
Urubuga rwa Top Santé dukesha iyi nkuru rwanditse ko abafite ububabare bukabije butewe no gukoresha ibiyobyabwenge birenze igipimo, bahitamo kwivura mu buryo bwa magendu rimwe na rimwe bagakoresha imiti myinshi itujuje ubuziranenge.
Mu rwego rwo guhangana n’iki kibazo, Guverinoma yatanze uburenganzira bwo kwemerera abarwayi gukoresha ‘héroïne’ nk’umuti ariko mu gihe byemejwe na muganga ubifitiye ububasha.
Minisitiri w’Ubuzima muri Canada, Marie Ginette Petitpas Taylor, yavuze ko ‘héroïne’ izakoreshwa mu gihe imiti isanzwe ntacyo yatanze.
Yagize ati “Tuzi ko hari uburyo busanzwe bwo kuvura indwara, ariko hari igihe budakora. Itangazo ryatanzwe riraha uburenganzira abantu bakoresheje imiti irengeje ibipimo guhabwa ubundu buvuzi.’’
Umurwayi ujya kwa muganga inshuro imwe cyangwa ebyiri kubera ikibazo cy’ububabare bukabije, ni we uzemererwa na muganga gukoresha “héroïne”.



















TANGA IGITEKEREZO