Uku kubura intwaro kwa Ukraine kwagarutsweho na chancelier w’u Budage, Olaf Scholz, aho yavuze ko u Budage buzakomeza gushyigikira iki gihugu kuko ngo uretse no kuba kubura ibikoresho byo kurwana byahindura imiterere y’urugamba byanagira ingaruka ku Burayi bwose.
Scholz yahamagariye u Burayi guhaguruka bakongera gufasha Ukraine igakomeza kurwana niba badashaka ko u Burusiya butsinda intambara. Ni mu gihe hari hamaze iminsi humvikana ibihugu birimo n’u Budage byinubira gukomeza gushyigikira iki gihugu mu ntambara.
Abayobozi muri Ukraine bamaze iminsi bagaragaza ko bafite ikibazo gikomeye cy’ibikoresho by’urugmba. Umwe mu ba dipolomate b’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) yavuze ko muri Werurwe uyu mwaka, bazaha Ukraine intwaro zingana na kimwe cya kabiri gusa cy’izo bayemererye mu ntangiriro z’umwaka ushize. Ukraine yari yemerewe na EU intwaro zigera kuri miliyoni.
Minisiteri y’ingabo y’u Burusiya itangaza ko mu mwaka ushize wonyine Ukraine yapfushije abasirikare bagera kuri 215000 naho ibikoresho by’urugamba ibihumbi 28 birangirika. Ni mu gihe Perezida Putin avuga ko azakomeza kurwana kugeza atsinze urugamba.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!