00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Denmark igiye kwirukana abimukira bakoze ibyaha

Yanditswe na Berrick Munyeshyaka
Kuya 31 January 2026 saa 11:15
Yasuwe :

Abimukira bahawe igihano cy’igifungo kirengeje umwaka umwe baratangira kwirukanwa burundu muri Denmark guhera tariki ya 1 Gicurasi 2026, nk’uko byatangajwe na guverinoma y’iki gihugu.

Minisitiri ushinzwe abimukira mu nshingano ze yavuze ko abimukira bakatiwe igihano kuva ku mwaka umwe udasubitse, bakoze ibyaha bikomeye birimo nk’urugomo no gufata ku ngufu, bagomba guhita birukanwa.

Imibare ya minisiteri ishinzwe abimukira yerekana ko 70% by’abimukira bakatiwe umwaka umwe cyangwa bagakora ibyaha bikomeye ari bo bamaze koherezwa mu bihugu bakomokamo.

Denmark ivuga ko iyi gahunda yo kwirukana abimukira bakoze ibyaha igamije kurengera abenegihugu.

Iyi foto igaragaza inyubako ziri mu Murwa Mukuru wa Denmark, Copenhagen

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages