00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Denmark yinjiye mu biganiro na JD Vance ku byerekeye Greenland

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 14 January 2026 saa 06:59
Yasuwe :

Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, JD Vance, yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Denmark, Lars ‌Lokke Rasmussen, na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Greenland, Vivian Motzfeldt, mu biganiro bigaruka kuri gahunda ya Amerika yo kwigarurira Greenland.

Ni ibiganiro byabaye ku wa 14 Mutarama 2026. Byabaye mu gihe Perezida wa Amerika yakomeje kugaragaza inyota afitiye iki kirwa, ndetse agaragaza ko impamvu agishaka cyane ari uko ari ingenzi cyane mutekano wa Amerika na sisiteme y’umutekano izwi nka ‘Golden dome’ iri kubakwa.

Trump kandi yari aherutse kugaragaza ko niba kwiyomekaho iki kirwa ku neza bitakunda, yiteguye no gutanga amafaranga akakigura ariko abayobozi ba Greenland na Denmark bamusubiza bamubwira ko kitagurishwa.

Greenland ni cyo kirwa kinini ku Isi, kikaba gituwe n’abantu hafi ibihumbi 57. Kuva mu 1979, kigenzura inzego nyinshi zacyo keretse urw’umutekano n’urw’ububanyi n’amahanga rugenzurwa na Denmark.

Ubwo Trump yasubiraga ku butegetsi muri Mutarama 2025, yagaragaje ko yifuza cyane iki kirwa bitewe n’ahantu giherereye n’umutungo kamere gifite, ndetse bivugwa ko ashobora gukoresha imbaraga z’igisirikare mu kucyomeka kuri Amerika, mu gihe ibiganiro bitatanga umusaruro.

Abayobozi ba Greenland na Denmark, batangiye ibiganiro na Amerika ku byo kwiyomekaho Greenland

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages