00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Donald Trump yasabye ko Abayisilamu bahagarikwa kwinjira muri Amerika

Yanditswe na

Mihigo Jean Baptiste

Kuya 8 December 2015 saa 12:13
Yasuwe :

Donald Trump, umukandida wo mu ishyaka ry’aba- Républicain muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku mwanya w’umukuru w’igihugu mu matora yo muri 2016, yasabye ko Abayisilamu batakongera kwemererwa kwinjira muri iki gihugu, nyuma y’ibitero by’ubwiyahuzi biherutse kugabwa muri Leta ya California.

Ubwo yari imbere y’imbaga y’abarwanashyaka b’aba- Républicain mu gikorwa cyo kwiyamamaza, Trump yatangaje ko bikwiye kandi bitunganye ko Abayisilamu bahagarikwa kongera kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kugeza abayobozi batahuye imyitwarire y’Abayisilamu muri iki gihugu.

BBC dukesha iyi nkuru, ivuga ko imbaga y’abantu benshi muri California y’amajyepfo bari bateze amatwi ijambo rya Trump, yahise imukomera amashyi menshi.

Ariko Ubuyobozi bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse na bamwe mu bayoboke b’ishyaka ry’aba-Républicain bamaganiye kure ayo magambo.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, rigira riti "Ibyo Trump yatangaje bihabanye cyane n’indangagaciro za Amerika ndetse n’umutekano wayo.“

Mugenzi we w’umu-Republicain, Jeb Bush, biyamamazanya kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko uyu muherwe Trump yatandukiriye cyane.

Mu cyumweru gishize, umuryango w’umugore n’umugabo b’Abayisilamu barashe ndetse banica abantu 14 mu bitaro biherereye i San Bernardino muri Leta ya California.

Donald Trump yasabye ko Abayisilamu bahagarikwa kwinjira muri Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages