00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump ashobora kuva mu ishyaka aba- Républicain akiyamamaza nk’umukandida wigenga

Yanditswe na

Mukaneza M.Ange

Kuya 11 December 2015 saa 05:35
Yasuwe :

Donald Trump, umuherwe w’Umunyamerika wiyamamariza kuzahagararira ishyaka ry’aba- Républicain ku mwanya wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko ashobora kwiyamamaza ku giti cye mu gihe ishyaka rye ryaba rikomeje kumufata nabi.

Ibi biraterwa n’umwuka utari mwiza wakurikiye amagambo yavuzwe na Donald Trump mu cyumweru gishize asaba ko Abayisilamu badakwiye kwemererwa kwinjira muri Amerika, nyuma y’aho umuryango w’umugore n’umugabo b’Abayisilamu barashe ndetse bakica abantu 14 mu bitero by’i San Bernardino muri Leta ya California.

Amagambo yatangajwe na Trump yamaganwe n’abantu batandukanye barimo n’abo mu ishyaka ry’aba- Républicain abarizwamo ndetse basaba ko yareka kwiyamamaza.

Abinyujije kuri Twitter, uyu mugabo uhabwa amahirwe yo kuba yahagararira ishyaka rye yavuze ko 68% by’abamushyigikiye bashobora kumutora niyo yaba ari umukandida wigenga.

Yanongeye kubihamiriza televiziyo ya ABC aho yagize ati " Nibakomeza kumfata nabi, nshobora kubishyira mu bikorwa.”

Trump kandi yafashe icyemezo cyo gusubika urugendo yagombaga kugirira muri Israel avuga ko azasura iki gihugu amaze kuba perezida. Iki cyemezo akaba yagifashe nyuma y’uko Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu agaragaje ko adashyigikiye ibyavuzwe na Trump, kuko kuri Netanyahu ngo amadini yose agomba kubahwa.

Mark Zuckerberg washinze Facebook abinyujije ku rukuta rwe yagaragaje ko yifatanyije n’Abayisilamu ko n’ubwo ari Umuyahudi ababyeyi be bamutoje kurwanya ibikorwa byose by’ubugizi bwa nabi kuko n’ubwo ibyo bikorwa ataba ari we bikorewe uyu munsi, ingaruka zabyo zigera kuri bose.

Uwigeze kuba igihangange mu mukino w’iteramakofe Muhamad Ali, nawe yamaganye ibyavuzwe na Trump, avuga ko abayobozi bari bakwiye gukoresha umwanya bafite mu gufasha abantu kurushaho kumva no gusobanukirwa n’idini ya Isilamu.

Amagambo yatangajwe na Trump yamaganywe n’abantu bingeri zose
Mark Zuckerberg washinze Facebook, abinyujije ku rukuta rwe yamaganye amagambo ya Trump
Uwari igihangange mu mukino w’iteramakofe Muhamad Ali, nawe yamaganye ibyavuzwe na Trump

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .