00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Donald Trump yihanangirije mugenzi we wa Colombia kubera cocaine

Yanditswe na Ishimwe Rugamba Ornella
Kuya 24 December 2025 saa 05:28
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yibasiye mugenzi we wa Colombia, Gustavo Petro, amutera ubwoba ko ashobora guhura n’ingaruka kubera ibiyobyabwenge bya cocaine avuga ko biva muri Colombia bijya muri Amerika.

Ibi byakurikiye amagambo Perezida Gustavo yavuze anenga Amerika yari yafatiriye ubwato bwa butwara peteroli ya Venezuela, avuga ko n’igice kinini cya Amerika y’Epfo cyubatswe ku butaka bwibwe.

Ubwo Trump yari mu kiganiro n’abanyamakuru, ku wa 22 Ukuboza, yavuze ko Gustavo ari umuntu mubi cyane, amusaba kwitonda kubera ikiyobyabwenge cya cocaine bivugwa ko cyoherezwa muri Amerika.

Ati “Dukunda abaturage ba Colombia, ariko umuyobozi wabo mushya ni umunyamahane, kandi agomba kwitonda.”

Trump yavuze ko hari inganda eshatu zikora cocaine kandi ibyiza ari uko zahita zifungwa.

Ibihano Amerika yafatiye Venezuela no gufatira ubwato bw’iki gihugu butwara ibikomoka kuri peteroli byongereye umwuka mubi hagati ya Colombia na Amerika. Perezida Gustavo yakomeje kunenga politiki ya Amerika ananenga bikomeye ibikorwa bya Amerika byo kohereza ingabo muri Venezuela.

Muri Nzeri 2025, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika yatangaje ko ishobora kwambura Gustavo visa, nyuma ubutegetsi bwa Trump bushyiraho ibihano bijyanye no kurwanya ikwirakwira ry’ibiyobyabwenge, ariko Colombia ivuga ko bishingiye ku mpamvu za politiki.

Trump yihanangirije Gustavo Petro wigambye ibyo gukora cocaine ikaruhukira muri Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages