00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Donald trump yishongoye kuri Perezida Biden nyuma y’ikiganiro mpaka

Yanditswe na Ayera Belyne
Kuya 1 July 2024 saa 08:50
Yasuwe :

Umukandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu w’ishyaka ry’aba-Republicains muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yagarutse ku kiganiro mpaka yagiranye na Perezida Joe Biden, aboneraho kwishongora.

Abenshi bahamya ko iki kiganiro mpaka cyabereye kuri televiziyo ya CNN tariki ya 28 Kamena 2024 cyagoye Perezida Biden bitewe nuko yananiwe gusobanura neza gahunda afitiye Amerika mu gihe yatorerwa manda ya kabiri.

Ibinyamakuru byinshi birimo New York Times byahamije ko Trump yitwaye neza, nubwo hari aho yacishagamo, akabeshya. Intege nke zikomeye Biden yagaragayeho ni ukudashobora gufatirana Trump ngo amunyomoze.

Trump yatangaje ko koko yitwaye neza, ati “Abayobozi ba za televiziyo, abanyamakuru b’ubukungu n’abandi bavuze ko nitwaye neza kurusha abandi mu mateka y’ibi biganiro mpaka. Bose bavuze mu buryo bwumvikana, ngo ’Trump yari intangarugero’!”

Ibinyamakuru byinshi byibanze ku busaza bwa Biden w’imyaka 81, bimusobanura nk’umuntu "udatuje" kandi "udashobora gusobanura" neza imigabo n’imigambi afitiye Amerika.

Trump yatangaje ko ijoro ry’iki kiganiro mpaka ryaranzwe no “kwitwara nabi kwa Biden utemewe” kandi ngo uyu Mukuru w’Igihugu ntiyashobora kwitwara neza nka we.

Ikusanyabitekerezo ry’iyi televiziyo ryagaragaje ko abantu 67% barebye izi mpaka bemeje ko Trump yitwaye neza. Iryakozwe na CBS News ryo rigaragaza ko Abanyamerika 72% barimo aba-Democrates 42% bemeza ko Biden atagifite ubushobozi bwo kuyobora Amerika.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages