00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Donald Trump yiyemeje gusura umufana we watorewe kuyobora Argentine

Yanditswe na Rosine Ingabire
Kuya 26 November 2023 saa 11:43
Yasuwe :

Donald Trump wahoze ayobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika yiyemeje gusura Argentina agahura na Javier Milei uherutse gutorerwa kuyobora icyo gihugu.

Trump yabitangarije Milei mu kiganiro bagiranye kuri telefone ku wa Gatatu w’iki Cyumweru nk’uko ibiro bya Milei byabitangaje.

Milei ni umwe mu bafana bakomeye ba Donald Trump ndetse mu ntangiriro z’uyu mwaka yumvikanye mu itangazamakuru avuga ko ari umwe muri bake ku Isi bumva neza politiki ya Trump kuri Amerika n’Isi muri rusange.

Ntabwo hatangajwe igihe Trump azasurira Milei, icyizwi ni uko irahira rye nka Perezida wa Argentine ritegerejwe tariki 10 Ukuboza 2023.

Bivugwa ko kugira ngo Trump abashe kuvugana na Milei byagizwemo uruhare na Eduardo Bolsonaro , umuhungu wa Jair Bolsonaro wahoze ayobora Brésil.

Milei (ibumoso) ni umwe mu bafana bakomeye ba Donald Trump

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages