Ibinyamakuru byo mu Burusiya bivuga ko izo ndege zikekwaho kuba zari zigiye kugaba ibitero, zanahanuwe mu mujyi wa Rostov uri mu Majyepfo y’u Burusiya ndetse n’uwa Bryansk.
Ibiro Ntaramakuru TASS byatangaje ko inyubako eshatu zangiritse mu mujyi wa Rostov ndetse n’umuntu umwe agakomereka kuko hari drones yahanutse mu gace karimo abantu.
Mu mujyi wa Moscow, indege ya drone yahanuwe igeze mu Majyepfo ashyira Uburasirazuba.
U Burusiya kandi bwavuze ko hari ibindi bitero bya drones byagabwe mu mujyi wa Zaporizhzhia wahoze ari uwa Ukraine ukigarurirwa n’u Burusiya, ukaba ubarizwamo inganda zitunganya ingufu za nucleaire.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!