Ni amakuru yatangajwe na Wall Street Journal ku wa 15 Nyakanga 2024, inakomoza ku kuba iyo nkunga Elon Musk azatangira kuyiha Super PAC muri uku kwezi.
Bivugwa ko hari n’andi mafaranga Elon Musk yamaze guha uyu muryango ariko ataramenyekana ingano yayo. Wall Street Journal igaragaza ko ayo makuru yayakuye ku muntu utatangarijwe umwirondoro, ariko wa hafi ya Elon Musk.
Byagaragajwe kandi ko Elon Musk naramuka atanze ayo mafaranga buri kwezi azaba ari inkunga yo ku rwego rwo Hejuru, nubwo inyinshi iheruka gutangwa ari iyatanzwe n’umwuzukuruza w’umunyabigwi, Thomas Mellon, na bwo mu gushyigikira Donald Trump muri uru rugendo rw’amatora ateganyijwe muri Amerika mu 2024, kuko yatanze miliyoni 50$.
Gusa nubwo bimeze bityo, no mu mezi yashize byagiye bivugwa ko Elon Musk ari mu banyemari bari gutera inkunga itegurwa ry’amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Amerika, ariko muri Werurwe 2024 yanyujije ubutumwa kuri X avuga ko nta bikorwa arimo byo gutera inkunga ayo matora. Ibyongeye kuvugwa ubu ntacyo yari yabitangazaho.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!