00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Elon Musk yaciye agahigo ko kugira umutungo urenga miliyari 500$

Yanditswe na Ishimwe Rugamba Ornella
Kuya 2 October 2025 saa 10:08
Yasuwe :

Elon Musk washinze sosiyete zirimo Tesla ikora imodoka z’amashanyarazi, yaciye agahigo ko kuba umuntu wa mbere ufite umutungo urenga miliyari 500$.

Kwiyongera k’umutungo wa Elon Musk kwaturutse ahanini ku kuzamuka kw’agaciro ka Tesla ndetse n’ibindi bigo afite. Ni we muntu wa mbere utunze miliyari 500$, ubayeho mu mateka y’Isi.

Kugeza ubu Elon Musk, aracyayoboye urutonde rw’abantu bakize ku Isi. Akurikirwa na Larry Ellison washinze sosiyete ya Oracle, ufite umutungo ungana na miliyari 350,7$.

Elon Musk afite umutungo urenga miliyari 500$

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages