00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Elon Musk yahamijwe ubushukanyi bwatumye yegukana Twitter

Yanditswe na Berrick Munyeshyaka
Kuya 22 March 2026 saa 12:48
Yasuwe :

Urukiko rwa Leta ya California muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, rwemeje ko Elon Musk yashutse abanyamigabane ba Twitter bituma agaciro kayo kagabanyuka mu gihe yari agiye kuyigura miliyari 44$.

Elon Musk yegukanye Twitter ku wa 27 Ukwakira 2022, ayiguze miliyari 44$, byakurikiwe no guhindura abakozi ahereye ku buyobozi bukuru, 80% barirukanwa, akuraho iminsi y’ikiruhuko yongera amasaha yo gukora, anahindura izina ayita X.

Nyuma havutse impaka bivugwa ko Elon Musk yaba yarakoresheje ubushukanyi mu kugura imigabane y’iki kigo, binyuze mu gutesha agaciro imigabane yacyo.

Nyuma y’urubanza rwamaze ibyumweru bitatu mu rukiko rwa Leta ya California i San Francisco, akanama k’abacamanza kemeje ko hari ubutumwa bubiri Elon Musk yashyize kuri Twitter muri Gicurasi 2022, burimo amagambo atari ukuri kandi bwateje igabanyuka rikomeye ry’agaciro k’imigabane ya Twitter.

AFP yavuze ko umwanzuro w’urukiko ukimara kujya hanze, abanyamategeko ba Elon Musk bahise bavuga ko bazajuririra iki cyemezo kuko ari ugusiga icyasha umukiliya wabo.

Umwe mu bashoramari witwa Giuseppe Pampena, yatanze ikirego mu izina ry’abagurishije imigabane ya Twitter hagati ya Gicurasi no mu ntangiriro z’Ukwakira 2022.

Abacamanza bemeje ko Musk yishe itegeko rigenga gucunga imigabane, ribuza gutangaza ibihuha cyangwa amakuru ayobya ashobora gutuma igiciro cy’imigabane kigabanyuka.

Bakiri mu biganiro byo kugura Twitter, Musk yigeze gusaba abayobozi bakuru kumuha raporo igaragaza umubare w’abantu ba nyabo bakoresha uru rubuga na konti z’impimbano zitagira ba nyirazo, ndetse ababwira ko ateganya kwikura mu masezerano.

Abarega bemeza ko byari igitutu yabashyizeho kugira ngo bemere kugurisha ku mafaranga ari munsi y’ayo bashakaga.

Mark Molumphy wunganira abarega yavuze ko atari intsinzi ku bashoramari ba Twitter gusa, ati “ ubutumwa bw’akanama k’abacamanza bwerekana ko uko waba uri umukire kose utari hejuru y’amategeko, ukwiye kuyubaha.”

Abunganira abarega bavuga ko urukiko rw’abasabiye indishyi iri hagati ya 3$ - 8$ ku mugabane umwe buri munsi, aya akangana na miliyari 2.1$.

Elon Musk uri kuregwa ubu ni we muntu wa mbere ubarwa nk’utunze amafaranga menshi ku isi kuko afite miliyari 814$, menshi akaba ari mu migabane afite muri Tesla, ndetse kugeza ubu ntacyo aravuga ku birego ashinjwa.

Mu 2023, abacamanza bamugize umwere ku byaha nk’ibi yashinjwaga n’abanyamigabane ba Tesla, nyuma yo kwandika Tweets zivuga ko afite ubushobozi bwo kuyikura ku isoko ry’imari n’imigabane ikaba ikigo cyigenga.

Elon Musk yahamijwe ubushukanyi bwatumye yegukana Twitter

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages