00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Elon Musk yahombye miliyari 135$ kuva umwaka wa 2025 utangiye

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 8 April 2025 saa 03:00
Yasuwe :

Mu mpera za 2024 Elon Musk ni we muntu wa mbere wagize ubutunzi bufite agaciro karenga miliyari 400$ ku Isi, gusa imibare igaragaza ko uyu muherwe asa n’utarahiriwe na 2025 kuko amaze guhomba arenga miliyari 135$

Ibi byatangajwe n’ikinyamakuru cya Bloomberg ku wa 8 Mata 2025, kivuga ko umutungo wa Elon Musk wagabanyutse bitewe n’ibihombo uruganda rwe rukora imodoka z’amashanyarazi, Tesla, rumaze iminsi ruhura na byo. Umutungo w’uyu muherwe ubu ubarirwa muri miliyari 298$.

Guhomba kwa Tesla byatewe n’imyigaragambyo yakozwe n’abadashaka ko Musk aguma muri Guverinoma ya Amerika, ibyatumye isoko rya Tesla rigwa ku rugero rwa 40%.

Si ibyo gusa iki gitangamakuru kigaragaza ko imisoro Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, amaze iminsi ashyira ku bihugu na yo ifite uruhare mu igabanyuka ry’ubutunzi bwa Musk.

Hari hamaze iminsi hakwirakwizwa ibihuha by’uko Elon Musk yemeye kuva muri Guverinoma gusa we n’ubuyobozi bwa Trump bamaganiye kure ayo makuru bavuga ko ari ibihuha.

Icyakora ibi bihombo ntabwo biramukura ku mwanya wo kuba umuherwe wa mbere ku isi, kuko akirusha arenga miliyari 100$ umuherwe umukurikira Jeff Bezos, kuko we afite miliyari 189,4$ gusa.

Elon Musk ubutunzi bwe bwageze munsi ya miliyari 300$

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages