Ibi yabitangaje nyuma y’aho Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, atangaje ko igihugu cye cyagabye ibitero bikomeye muri Iran ahantu hatatu (Natanz, Esfahan na Fordow) hakorerwa intwaro za nucléaire.
Ibi bitero byagabwe mu rukerera rwo kuri iki cyumweru tariki 22 Kamena 2025.
Nyuma y’ibi bitero, Richard Grenell, yahise anyuza ubutumwa ku rubuga rwa X, asaba Elon Musk ko yatanga internet ya Starlink ku buntu muri Iran kugira ngo inshuti ze ziri muri iki gihugu zibashe kubonera amakuru ku gihe.
Yagize ati “Washyiraho Internet ya Starlink ku buntu muri Iran mu gihe cy’ibyumweru bike biri imbere, kubera ko hari inshuti zanjye ziri muri Iran kandi ntabwo ziri kubasha kubona amakuru.”
Yakomeje avuga ko bibaye ngombwa nawe azagira icyo afasha kugira ngo icyo gikorwa gikunde.
Ati “Bibaye ngombwa nanjye nashyiramo ubufasha bwanjye kandi ndatekereza ko n’abandi ariko babigenza rwose.”
Ku rundi ruhande Musk ntacyo aragira icyo atangaza ku busabe bwa Grennell.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!