00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Elon Musk yemeye gusubiza kuri Twitter abanyamakuru bari bayivanweho

Yanditswe na Uwase Kevine
Kuya 17 December 2022 saa 03:45
Yasuwe :

Elon Musk uri mu baherwe ku isi, yatangaje ko abanyamakuru bari bafungiwe konti ku rubuga rwa Twitter bazarusubizwaho.

Abanyamakuru bakomeye ba ‘New York times’, ‘CNN’, ‘Washington post’ n’ibindi bitangazamakuru bafungiwe konti zabo za Twitter, bashinjwa n’uyu muherwe gutanga amakuru yerekeye aho aherereye.

Nyuma y’abamunengaga ku bw’icyo cyemezo yafashe, yabajije abakoreshaa uru rubuga icyo babitekerezaho nk’uko BBC ibivuga.

Abagera kuri 59% bya miliyoni eshatu zitabiriye itora kuri iyi ngingo basabye ko iryo kumira riteshwa agaciro.
Akoresheje Twitter yagize ati “ Abantu bavuze akabari ku mutima. Konti zatanze amakuru y’aho mperereye zizakurirwaho ibihano.”

Icyemezo cyafashwe n’uyu muherwa cyaje nyuma yuko umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), watangaje ko Elon Musk ashobora guhanwa ku bw’icyo cyemezo cyo gufunga konti z’abanyamakuru.

Elon Musk yemeye ko abanyamakuru bakuwe kuri Twitter bazasubizwaho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages