00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Erdoğan yatsindiye gukomeza kuyobora Turikiya

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 29 May 2023 saa 07:52
Yasuwe :

Recep Tayyip Erdoğan yatsindiye manda ya gatatu yo kuyobora Turikiya, nyuma y’icyiciro cya kabiri cy’amatora yari ahaganyemo na Kemal Kilicdaroglu utavuga rumwe na we.

Icyiciro cya kabiri kibaye nyuma y’uko tariki 14 Gicurasi, mu cyiciro cya mbere nta n’umwe wabashije kugeza ku bwiganze bwa 50% bw’amajwi asabwa ngo atsinde.

Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru inzego zishinzwe amatora zemeje ko Erdoğan ari we watsinze ku majwi 52.16%.

Mu ijambo yagejeje ku baturage nyuma yo gutorwa, Erdoğan yavuze ko arajwe ishinga no gushyira mu bikorwa ibyo yemereye abaturage.

Ati "Ikituraje ishinga ni ukubaka imijyi yasenywe n’umutingito tariki 6 Gashyantare, no gufasha abaturage kubona ubuzima bwiza."

Erdoğan kandi yabwiye abaturage ko agiye gukora ibishoboka byose ibiciro by’ibiribwa muri Turikiya bikagabanyuka.

Abayobozi batandukanye ku isi barimo Minisitiri w’Intebe wa Hongiriya, Viktor Orban na Emir wa Qatar Tamim Bin Hamad bari mu bifurije imirimo myiza Erdoğan nyuma y’intsinzi.

Erdogan w’imyaka 69 amaze igihe kinini muri politiki ya Turikiya. Mu myaka ya 1990 yabaye Meya w’umujyi wa Istanbul, nyuma aza gufungwa mu gihe cy’amezi ane kubera ibikorwa by’ishyaka.

Avuye muri gereza yashinze ishyaka AKP, rirakundwa cyane ku buryo mu 2003 yabaye Minisitiri w’Intebe kugeza mu 2014 ubwo yatorerwaga manda ya mbere.

Mu mwaka wa 2016 habayeho igerageza ryo guhirika ubutegetsi bwe bikozwe n’igisirikare, ariko uwo mugambi uza gupfuba, ibintu byasize benshi bafunzwe bazira kubigiramo uruhare.

Ku butegetsi bwa Erdoğan, Turikiya yagize ijambo mu ruhando mpuzamahanga, igira ijambo ryihariye mu muryango w’Ubumwe bw’u Burayi ariko akomeza umubano n’ibihugu nk’u Burusiya bitajya imbizi n’Abanyaburayi.

Ashimirwa guteza imbere Turikiya mu bikorwa remezo n’imibereho myiza y’abaturage.

Erdogan yavuze ko intsinzi ye ari iya miliyoni 84 z'abatuye Turikiya
Erdogan ubwo yagezaga ijambo ku bamushyigikiye nyuma yo gutangaza ko yatsinze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages