00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

EU yashinjwe gushyiriraho Israel ibihano bya nyirarureshwa

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 5 August 2025 saa 11:06
Yasuwe :

Josep Borrell wahoze ashinzwe Ububanyi n’Amahanga akaba na Visi Perezida w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi(EU) yashinjije uyu muryango gushyigikira Israel mu ntambara ihanganyemo na Hamas avuga ko ari byo bituma udafatira ibihano bikakaye iki gihugu.

Ibi yabitangaje ku wa 4 Kanama 2025, aho yavuze ko urebye ibihano EU yafatiye u Burusiya bitangaje kubona Israel ikora ibibi kurenza u Burusiya yo nta bihano bifatika ifatirwa.

Yagize ati “Ibyo Minisitiri w’Intebe wa Israel, Netanyahu, yakoze birenze ibindi byaha byose twaba twarahannye. Kutagira icyo dukora kwacu bitangiye kwerekana ko dushobora kuba dufite uruhare mu biri kuba.”

Borrell yakomeje avuga ko intwaro nyinshi zikoreshwa na Israel zikorerwa mu Burayi ariyo mpamvu ibihugu byinshi biba bidashaka kugira icyo bikora ku ntambara iri kuba uri Gaza.

Intambara ya Israel na Gaza yatangiye mu 2023 ubwo umutwe wa Hamas wigaruriye agace ka Gaza, wateraga muri Israel ukica abantu barenga 1000 ndetse ugafata bugwate abarenga 200.

Israel nayo yahise itera mu gace ka Gaza, aho iki gihugu kimaze kwica abarenga ibihumbi 60 muri ako gace.

Josep Borrell wahoze ashinzwe ububanyi n’amahanga akaba na Visi Perezida w’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi(EU) yashinjije uyu muryango kudafatira ibihano bikakaye Israel

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages