00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

FBI yemeje ko umwe mu bagabye igitero i California afitanye isano n’ibyihebe

Yanditswe na

Jean Baptiste Nshimiyimana

Kuya 4 December 2015 saa 09:41
Yasuwe :

Umwe mu bagize ibiro by’ubutasi bya Amerika yatangaje ko Syed Rizwan Farook watawe muri yombi nyuma y’igitero cyahitanye abantu 14 i California, basanze akorana n’intagondwa za Kisilamu ziri gukorwaho iperereza z’inzego z’ubutasi bwa Amerika.

Umwe mu bagize Ibiro by’ubutasi bwa Amerika avuga ko nyuma yo guhiga bukware abagize uruhare mu gitero cyahitanye abantu 14 i San Bernardino mu Leta ya California, basanze Syed Rizwan Farook wafashwe nyuma gato y’iki gitero, akorana ku mbuga nkoranyambaga na bamwe mu ntagondwa za Kisilamu zigikorwaho iperereza n’ubutasi bwa Amerika, FBI, ndetse ngo bari kureba aho yaba ahurira n’indi mitwe y’abarwanyi ba kisilamu.

Polisi ya California ivuga ko Syed Rizwan Farook, n’umugore we Tashfeen Malik bafatanywe amasasu menshi n’ibindi biturika byinshi.

France24 ivuga ko nubwo FBI igaragaza ko itahita yemeza ko uyu Farook ari umwe muri izo ntagondwa, ngo kuko nta bigaragaza neza amakuru ajyanye n’iki gitero, abasesengura iby’aba barwanyi bemeza ko ngo hari bimwe mu byari byanditse ku mbuga nkoranyambaga akoresha byahanaguwe mbere gato y’ubu bwicanyi.

Iki gitero cyahitanye abantu 14, gikomerekeramo abandi 21 harimo n’abapolisi 2. Amerika buvuga ko ari ibintu byari byateguwe neza.

Syed Rizwan Farook n'umugore we bakekwaho gukorana n'imitwe y'iterambwoba
Polisi ikomeje gushakisha abagize uruhare mu bwicanyi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages