Uyu musirikare yafungiwe mu Mujyi wa Seville muri Espagne aho indege yarimo ishinzwe gutanga ubufasha mu gihe bibaye ngombwa ku itwara Perezida yahagaze.
Itabwa muri yombi rye ryatangajwe na Minisiteri y’Ingabo muri Brésil.
Iyi Minisiteri yavuze ko hasanzweho ingamba zo gukumira ibikorwa nk’ibi, uretse ko ubu zigiye gukazwa.
Perezida Bolsonaro yari mu ndege itandukanye n’iyafatiwemo iki kiyobyabwenge, ndetse ku wa Kabiri yatangaje ko yasabye Minisiteri y’Ingabo mu gihugu cye gukorana n’ubuyobozi bwa Espagne mu iperereza.



















TANGA IGITEKEREZO