00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gaz u Budage bwavanaga mu Burusiya bwagiye kuyishakira muri Nigeria

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 31 October 2023 saa 08:15
Yasuwe :

Chancelier w’u Budage, Olaf Scholz ari muri Nigeria mu ruzinduko rw’iminsi ibiri rugamije gusaba icyo gihugu kuboherereza gaz isimbura iyo bavanaga mu Burusiya.

Gaz ni ingenzi cyane mu bukungu bw’u Budage dore ko ariyo yifashishwa mu nganda nyinshi no mu ngo z’abaturage. Icyakora, icyo gihugu cyagowe no kubona aho kivana gaz isimbura iyavaga mu Burusiya nyuma y’uko bwinjiye mu ntambara na Ukraine.

Scholz yatangaje ko yizeye ko Nigeria nka kimwe mu bihugu bifite ububiko bunini bwa gaz, izabasha guhaza u Budage iyo bukeneye.

Yavuze ko u Budage bufata Nigeria nk’umufatanyabikorwa ukomeye mu by’ubukungu.

Nigeria nicyo gihugu cya kabiri cyo muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara gicuruzanya cyane n’u Budage. Nko mu mwaka wa 2021, ibihugu byombi byakoze ubucuruzi bwa miliyoni 158 z’Amadolari.

U Budage bwari busanzwe buvana muri Nigeria ibikomoka kuri peteroli byinshi ariko gaz ntabwo yari irimo.

Perezida wa Nigeria, Bola Tinubu yavuze ko we na Scholz baganiriye birambuye ku bufatanye hagati y’ibihugu byombi, kandi ko yamusabye kuzana sosiyete nyinshi zo mu Budage zigashora imari mu bijyanye no kubona gaz.

Scholz na Tinubu bemeranyije ku kuba Nigeria yakohereza gaz mu Budage

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages