Uyu mugabo yavuze ko "Ntekereza ko amasezerano [yo kurangiza] intambara i Gaza ari hafi, birasa nk’aho hazasinywa ayo masezerano."
Trump utatanze ibisobanuro birambuye, yavuze ko ayo masezerano ashobora gukorwa binyuze mu kugarura imbohe z’Abanya-Israel zashimuswe na Hamas.
Ati "Ntekereza ko amasezerano azagerwaho, imbohe zigataha. Azaba ari amasezerano yo kurangiza intambara."
Ibi Trump yabitangaje nyuma y’igihe gito Minisitiri w’Intebe, Benjamin Netanyahu, agejeje ijambo ku Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, ijambo ryakiriwe nabi kuko abari mu cyumba cy’inama basakuje bakoma mu mashyi, abandi benshi bagasohoka.
Ibi ariko ntibyakomye Netanyahu mu nkokora kuko yakomeje gutambutsa ijambo rye, ndetse akavuga ko atazahagarika intambara adasenye Hamas.
Ati "Tuzagera ku ntego zacu zo gusenya Hamas burundu."



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!